Raporo nshya y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye yashyikirijwe Akanama k’Umutekano ivuga ko umutwe wa M23 ukomeje gushimangira ubutegetsi bwawo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho uvugwaho kuba umaze kubaka umutwe ugizwe n’abarwanyi bagera ku 30,000, ukanafashwa n’abasirikare b’u Rwanda bagera ku 18,000.
Iyi raporo y’impapuro zirenga 230 isohotse mu gihe hashize iminsi mike hasinywe amasezerano y’amahoro i Washington hagati y’u Rwanda na RDC, yashyigikiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agamije kugabanya amakimbirane amaze imyaka myinshi mu burasirazuba bwa Congo.
Loni ivuga ko amasezerano ataratanga umusaruro ugaragara
Nk’uko impuguke za Loni zibivuga, amasezerano ya Washington ndetse n’ibiganiro bitandukanye biri guhuza Guverinoma ya Congo na M23 “ntibiratanga umusaruro ugaragara ku butaka.
“Raporo ivuga ko ibikorwa bya gisirikare byagaragaye mu minsi yashize hagati ya M23 n’ingabo z’u Rwanda bitari ugusubira inyuma cyangwa guhagarika imirwano, ahubwo byari uguhindura aho ingabo ziba ziri (tactical repositioning).Ku rundi ruhande, impuguke zishinja na Guverinoma ya Congo kutubahiriza ibyo yiyemeje muri ayo masezerano, zivuga ko ingabo za FARDC zigikomeje gukorana n’umutwe wa FDLR, nubwo Kinshasa yari yemeye gukomeza ibikorwa byo kuwusenya.
M23 ikomeje gushyiraho ubutegetsi bwayo
Raporo igaragaza ko M23 ikomeje gushimangira ubuyobozi bwayo mu bice igenzura.
Impuguke za Loni zivuga ko uyu mutwe wamaze gushyiraho inzego zawo z’imiyoborere ndetse n’uburyo bwo gucunga umutungo n’imari, ibintu bavuga ko bigaragaza ko ukomeje kwigarurira ubutegetsi muri ibyo bice.
Raporo inavuga ko M23 ikomeje kongera umubare w’abarwanyi bayo binyuze mu gushaka abarwanyi bashya mu burasirazuba bwa Congo ndetse no mu nkambi z’impunzi z’Abanye-Congo ziri mu Rwanda.
M23 ivuga ko irwanira umutekano w’Abatutsi, Loni ikagaruka kuri FDLR
Ku ruhande rwa M23, uyu mutwe uvuga ko urwanira kurengera uburenganzira bw’Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi, ndetse ko urwana n’umutwe wa FDLR, ushinjwa kuba ugizwe n’abafitanye isano n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Raporo ya Loni ivuga ko amakuru y’ubutasi bw’Umuryango w’Abibumbye agaragaza ko FDLR ifite abarwanyi bari hagati ya 3,500 na 4,500.
Nubwo Guverinoma ya Congo yari yemeye gusenya FDLR, impuguke zivuga ko ingabo zayo zigikomeje gukorana n’uwo mutwe mu mirwano ihanganisha M23.
Intambara yifashisha drones ikomeje gushyira abaturage mu kaga
Raporo igaragaza ko impande zose zihanganye zirushaho gukoresha indege zitagira abapilote (drones) mu bikorwa bya gisirikare.
Impuguke ziburira ko ikoreshwa ry’ubu buryo rishobora kongera gushyira abaturage mu kaga, mu gihe abantu barenga miliyoni eshatu bamaze kuva mu byabo bazira intambara, naho abarenga 60% by’abaturage bo muri ako karere bakaba babayeho mu bukene bukabije.
Raporo yongeye kugaruka ku iyinjizwa ry’amabuye y’agaciro
Impuguke za Loni zivuga ko amabuye ya tin, tantalum na tungsten (3T) akomeje kunyerezwa ava mu bice bigenzurwa na M23 akinjizwa mu Rwanda.
Raporo kandi ivuga ko zahabu ifite agaciro k’amafaranga abarirwa muri za miliyoni z’amadolari na yo ikomeje kujyanwa muri Uganda ivuye mu birombe byo mu Ntara ya Ituri.
Iyi raporo ije ikurikira ibihano biherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku ruganda rutunganya zahabu rwo mu Rwanda n’ibindi bigo bitatu bikora ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro, bishinjwa gutunganya cyangwa gucuruza amabuye y’agaciro yinjijwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko avuye muri Congo.
Raporo ya Loni igaragaza ko, nubwo hari ibiganiro bya dipolomasi n’amasezerano y’amahoro, ibibazo byo mu burasirazuba bwa Congo bikomeje kuba bikomeye.
Mu gihe impande zitandukanye zikomeje gushinjanya kutubahiriza ibyo ziyemeje, abaturage bo muri aka karere ni bo bakomeje kwibasirwa n’ingaruka z’intambara zirimo ubuhunzi, ubukene, umutekano muke ndetse n’ibibazo by’ubutabazi.Raporo isozwa isaba ko impande zose zubahiriza amasezerano y’amahoro kandi zigashyira imbere ibiganiro bya politiki kugira ngo haboneke amahoro arambye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
- 0
- 0
- 0
- 0